Ese buriya mbonyi niki yakoze cg niyihe influence afite yatumye bamuhitamo ngo yite izina bagasiga kagarara
Iyo bavuze ngo Imana isiga umuntu igikundiro bamwe babyumva ukundi abakoresha social media baribaza impamvu basize Kagarara (Ashton Small)
Kuri iyi nshuro, abashyitsi baturutse mu bice bitandukanye by’Isi ni bo bise amazina abana b’ingagi. Abo barimo Shaikha Al Nuwais, ugiye kuba Umunyamabanga Mukuru w’Ishami rya Loni rishinzwe Ubukerarugendo. Ni we mugore wa mbere ugiye kuyobora uyu muryango mu myaka 50 umaze ubayeho.
Undi ni Jeannette Uwimbabazi, umurinzi wa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe, uzwiho ubutwari mu kurwanya ibyaha byibasira inyamaswa zo mu gasozi no kwitangira kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima rw’u Rwanda.
Abandi barimo Miguel Ángel Gil Marín, Umuyobozi Mukuru akaba n’umunyamigabane Mukuru wa Atlético de Madrid, ndetse akaba n’umwe mu bagize Komite Nyobozi ya UEFA. Iyi kipe ni imwe mu makipe asigaye yamamaze ubukerarugendo bw’u Rwanda.
Mu bandi harimo Paul Danforth, Perezida wa CAA Sports wigeze kuba Visi Perezida ushinzwe Ubucuruzi muri New York Mets, imwe makipe akina Baseball muri Amerika.
Eng. Ahmed Sadek Elsewedy, Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Elsewedy Electric, ikigo mpuzamahanga gikora mu bijyanye n’ingufu n’ibikorwaremezo. Ni ikigo gifite imishinga mu Rwanda ijyanye n’ingufu.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, nawe nio umwe mu batoranyijwe ngo bite izina.
Patrice Evra wakiniye Manchester United n’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, nawe ari mu baza kwita izina abana b’ingagi.
Yiyongeraho kandi Olivier Granet umwe mu Bayobozi Bakuru ba Kasada Capital Management, kimwe mu bigo bikomeye muri Afurika bishora imari mu rwego rw’amahoteli n’amacumbi, ndetse kikaba cyarashoye imari muri Mövenpick Hotel Kigali.
Umunyarwanda Kenza Johanna Ameloot wigeze kuba Nyampinga w’u Bubiligi mu 2024 nawe araza kwita izina umwana w’ingagi.
Mu bandi harimo Garreth na Nicola Wood, bombi bakora ibikorwa by’ubugiraneza bashinze Kids Operating Room (KidsOR), umuryango mpuzamahanga wita ku buzima ugamije kwagura uburyo abana bo mu bice bifite ubushobozi buke babona serivisi zo kubagwa.
Ni mu gihe kandi James Chester wakiniye Aston Villa n’Ikipe y’Igihugu ya Pays de Galles ari umwe mu bategerejwe muri uyu muhango.
Susan Hollern washinze Hope Haven Rwanda, umuryango uteza imbere uburezi mu Rwanda nawe agomba kuza Kwita izina umwana w’ingagi.
Marie-Clémentine Dusabejambo utunganya filime uherutse kwegukana igihembo mu iserukiramuco rya Cannes abikesha filimi yise Ben’Imana nawe ari mu baza kwita izina bana b’ingagi.
Francesco Calvo, Perezida ushinzwe Ibikorwa by’Ubucuruzi muri Aston Villa nawe araza Kwita izina umwana w’ingagi. Undi ni David Lappartient, Perezida w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino w’Amagare (UCI) akaba n’umwe mu bagize Komite Mpuzamahanga Olempike.
Ni mu gihe kandi Dominique Plewes washinze SOF Support Foundation, umuryango ushyigikira ubushakashatsi n’ibikorwa by’ubutabazi, nawe ari buze kwita izina umwana w’ingagi.
Alastair Fothergill, Umwongereza w’umuhanga mu gukora no gutunganya filime, wegukanye ibihembo bitandukanye, uzwi cyane muri filime mbarankuru zivuga ku bidukikije zirimo Planet Earth, Blue Planet na A Gorilla Story: Told by David Attenborough, ari mu bahawe umwanya wo kuza kwita izina abana b’ingagi.
Ku rundi ruhande, Mutaz Essa Barshim, Umunya-Qatar wegukanye umudali wa zahabu mu Mikino Olempike akaba umwe mu bakinnyi b’indashyikirwa mu gusimbuka urukiramende ari mu baza kwita izina.
Kelly O’Meara, Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Pan African Sanctuary Alliance (PASA), umuryango uteza imbere ibikorwa byo kurinda no kwita ku nyamaswa zo mu muryango w’inguge muri Afurika, nawe ari mu baza kwita izina.
Dominic Barton usanzwe ari Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Rio Tinto na LeapFrog Investments, ikigo gikora mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nawe ari mu bagomba kwita izina.
Mamadou Sakho wahoze akinira Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa n’andi makipe arimoParis Saint-Germain, Liverpool na Crystal Palace, ni undi mu baza kwita izina umwana w’ingagi.
Israel Mbonyi ni umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana n’umwanditsi w’indirimbo. Ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya bakomeye muri Afurika y’Iburasirazuba.
Israel Mbonyicyambu, uzwi cyane ku izina rya Israel Mbonyi, yavutse mu 1992 mu Minembwe, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko akurira mu Rwanda, aho yaje kuba umwe mu bahanzi ba Gospel bakomeye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Marie-Clémentine Dusabejambo ni umukinnyi wa filime w’Umunyarwandakazi wamamaye ku rwego mpuzamahanga, akaba yaritabiriye iserukiramuco rya Cannes Film Festival mu 2026.
Marie-Clémentine Dusabejambo uherutse kwegukana igihembo cya ‘Caméra d’Or’ mu Iserukiramuco ry’i Cannes yavukiye i Kigali mu 1987, yiga ibijyanye n’ikoranabuhanga mu by’amashanyarazi n’itumanaho.
Urugendo rwe muri sinema rwatangiye mu 2011, ubwo yakoze filime ngufi “Lyiza”, yamuhesheje igihembo cya Bronze Tanit mu iserukiramuco rya Carthage.
Yakomeje gukora filime zirimo “Behind the Word” yo mu 2013, “A Place for Myself” yo mu 2016 na “Icyasha” (Etiquette) yo mu 2018. Izi filime zamuhesheje ibihembo bitandukanye mu maserukiramuco akomeye muri Afurika, arimo Zanzibar International Film Festival na FESPACO.
Mu 2026, Dusabejambo yakoze amateka ubwo filime ye ya mbere ndende, “Ben’Imana”, yatoranywaga mu cyiciro cya Un Certain Regard mu iserukiramuco rya Cannes.

Kenza Ameloot ni Miss Belgium 2024 ufite inkomoko y’u Rwanda. Azwiho gushyigikira ibikorwa bifasha abana bafite ibibazo by’amaso ndetse agaragaza ishema ku muco, urusobe rw’ibinyabuzima n’ubwiza bw’u Rwanda.
Kenza afite umubyeyi w’Umunyarwandakazi witwa Gakire Joselyne, mu gihe se ari Umubiligi. Yavukiye i Bruxelles. Uretse kuba umunyamideli wabigize umwuga, yiga ibijyanye n’ubucuruzi mpuzamahanga.
Ku wa 24 Gashyantare 2024, ni bwo Kenza yambitswe ikamba rya Miss Belgique 2024 mu birori byabereye i De Panne, ahigitse abakobwa 32 bari bageze mu cyiciro cya nyuma.
Mu 2024, nyuma yo kuba Miss Belgique, Kenza yasuye u Rwanda aho yifatanyije n’umuryango ‘Light for the World’ mu bikorwa byo gufasha abana bafite ibibazo by’amaso.


Nta gitekerezo kiratangwa. Ba uwa mbere!